Description
Musomyi dukunda, iki gitabo ufite mu ntoki zawe n’impano ikomeye uhawe n’Imana ngo ubashe gusobanukirwa ku buryo bwimbitse ibyanditse mu gitabo cy’itangiriro ugabwe usoma muri Bibiliya. Mu gihe twasomaga icyo gitabo twanejejwe cyane n’inkuru zikibonekamo z’abakurambere bacu, twanejejwe nuko abantu 9 bose b’ibyitegererezo by’abizera baboneka muri iki gitabo. (Kuva kuri Abeli Kugeza kuri Yozefu (Heb 11:4-22) nyamara ariko ntitwabuze kubona ko hari hakiriho byinshi byiza twagombaga kumenya byerekeranye n’abakurambere bacu, reba nawe ubuzima bw’Adamu na Eva nubwo bwamaze imyaka iyingayinga 1000 bwanditse ku mapaji 3 gusa, reba Enoki wazamuwe adapfuye afite imirongo 5 gusa imuvugaho mu byanditswe, tunyotewe no kumenya uko yabayeho guhera mu bwana bwe, kugeza ubwo Imana imuhamiriza ko yayinejeje maze ikamwishyira, Mbese yabanaga ate n’abantu? Imibereho ya buri munsi mu buzima bwe se yari imeze ite? Reba Nimurode wa wundi wubatse Babeli avugwa inshuro imwe muri Bibiliya yose kandi ariwe nkomoko y’icyitwa babuloni ku isi, Reba Aburahamu sekuru w’abizera Bibiliya itangira kumuvugaho afite imyaka 75 avutse. (Itang 12:4) nyamara ariko amatsiko y’abasomyi aba ari menshi bibaza ubwana bwa Aburahamu n’aho yakuye kwizera kwamuteye kunamba ku Mana no kuyimenyekanisha mu mahanga mu gihe cye, yigiye he inzira z’Uwiteka zamwujujemo urukundo rwatumye yemera gutanga Isaka umuhungu we w’ikinege wabonetse se na nyina bageze muza bukuru? Izi nkuru ndetse n’izindi tutarondoye nizo zabaye imvano yo gutegura igitabo ufite mu ntoki zawe uyu munsi.
Twifashishije ibitabo bya kera cyane bivuga ku byabaye twahisemo ibitabo Bibiliya yemera naho yaba inshuro imwe gusa maze ku ikubitiro tuhasanga igitabo cya Yashari (Yos 10:13; 1 Sam 1:18), igitabo cya Enoki (Yuda 1:14) twabonye ari byiza ko tutakwirengagiza igitabo cya Adamu ari nacyo cyitwa icya Edeni ngo bigabanye impaka zigibwa ku buzima bwo muri Edeni. Muri iki gitabo uzarushaho gusobanukirwa ku buryo bwimbitse ibyanditse mu gitabo cy’itangiriro, uzasubizwamo imbaraga umunsi ku munsi, ubwo uzaba usoma uko abatubanjirije babaye intwari mu murimo kugeza ku iherezo ryabo. Ni byiza cyane ko umusomyi amanza gusoma igitabo cy’itangiriro cyangwa akabikoresha byombi, kubw’iyo mpamvu iki gitabo twagiteguranye amarangamirongo, ahura nayo muri Bibiliya ngo byorohere umusomyi guhita amenya inkuru ifitanye isano niyo arimo asoma.








Reviews
There are no reviews yet.