Welcome to Bibiliya Tv.com

Single Product

ITANGIRIRO KU BURYO BUCUKUMBUYE (Printed)

Fr10,000.00

🟢 Gura kuri WhatsApp

Iga igitabo cy’itangiriro ku buryo bucukumbuye!

Description

Musomyi dukunda, iki gitabo ufite mu ntoki zawe n’impano ikomeye uhawe n’Imana ngo ubashe gusobanukirwa ku buryo bwimbitse ibyanditse mu gitabo cy’itangiriro ugabwe usoma muri Bibiliya. Mu gihe twasomaga icyo gitabo twanejejwe cyane n’inkuru zikibonekamo z’abakurambere bacu, twanejejwe nuko abantu 9 bose b’ibyitegererezo by’abizera baboneka muri iki gitabo. (Kuva kuri Abeli Kugeza kuri Yozefu (Heb 11:4-22) nyamara ariko  ntitwabuze  kubona  ko  hari  hakiriho  byinshi  byiza  twagombaga  kumenya  byerekeranye  n’abakurambere bacu, reba nawe ubuzima bw’Adamu na Eva nubwo bwamaze imyaka iyingayinga 1000 bwanditse ku mapaji 3 gusa, reba Enoki wazamuwe adapfuye afite imirongo 5 gusa imuvugaho mu byanditswe, tunyotewe no kumenya uko  yabayeho  guhera  mu  bwana  bwe,  kugeza  ubwo  Imana  imuhamiriza  ko  yayinejeje  maze  ikamwishyira, Mbese yabanaga ate n’abantu? Imibereho ya buri munsi mu buzima bwe se yari imeze ite? Reba Nimurode wa wundi wubatse Babeli avugwa inshuro imwe muri Bibiliya yose kandi ariwe nkomoko y’icyitwa babuloni ku isi, Reba Aburahamu sekuru w’abizera Bibiliya itangira kumuvugaho afite imyaka 75 avutse. (Itang 12:4) nyamara ariko  amatsiko  y’abasomyi  aba ari  menshi  bibaza  ubwana  bwa  Aburahamu n’aho  yakuye  kwizera  kwamuteye kunamba  ku  Mana  no  kuyimenyekanisha  mu  mahanga  mu  gihe  cye,  yigiye  he  inzira  z’Uwiteka  zamwujujemo urukundo rwatumye yemera gutanga Isaka umuhungu we w’ikinege wabonetse se na nyina bageze muza bukuru? Izi nkuru ndetse n’izindi tutarondoye nizo zabaye imvano yo gutegura igitabo ufite mu ntoki zawe uyu munsi.

Twifashishije ibitabo bya kera cyane bivuga ku byabaye twahisemo ibitabo Bibiliya yemera naho yaba inshuro imwe gusa maze ku ikubitiro tuhasanga igitabo cya Yashari (Yos 10:13; 1 Sam 1:18), igitabo cya Enoki (Yuda 1:14) twabonye ari byiza ko tutakwirengagiza igitabo cya Adamu ari nacyo cyitwa icya Edeni ngo bigabanye impaka zigibwa ku buzima bwo muri Edeni.  Muri iki gitabo uzarushaho gusobanukirwa ku buryo bwimbitse ibyanditse mu gitabo cy’itangiriro, uzasubizwamo imbaraga umunsi ku munsi, ubwo uzaba usoma uko abatubanjirije babaye intwari mu murimo kugeza ku iherezo ryabo.  Ni  byiza  cyane  ko  umusomyi  amanza  gusoma  igitabo cy’itangiriro  cyangwa  akabikoresha  byombi,  kubw’iyo  mpamvu  iki  gitabo  twagiteguranye  amarangamirongo, ahura nayo muri Bibiliya ngo byorohere umusomyi guhita amenya inkuru ifitanye isano niyo arimo asoma.

Reviews

There are no reviews yet.

Only logged in customers who have purchased this product may leave a review.